yeanrwanda.orgyeanrwanda.org/images/E_library/UMUSHINGA W’UBWOROZI BW... · Web viewIgishoro giturutse ku nguzanyo ku ijanisha ry’inyungu ringana na TRI ntugira inyungu cyangwa
This document is posted to help you gain knowledge. Please leave a comment to let me know what you think about it! Share it to your friends and learn new things together.
Transcript
UMUSHINGA W’UBWOROZI BW’INGURUBE BWA KIJYAMBERE
Abo Umushinga uzagirira akamaro : Nyir’umushinga ubwe n’abe ba hafi .Abaturage b’Intara ya Byumba n’ab’Igihugu cyose.
Adresse :Umuvugizi wawo n’icyo ashinzwe:Ubwoko bw’umushinga: Gahunda yo gutera inkunga ibikorwa by’ishoramari mu byaro (RIF)Aho ibikorwa by’umushinga bibarizwa :
kinyungu (taux de rentabilité interne) kingana na 29,3 %, , bigaragara ko kiruta rwose
igisanzwe ku isoko ry’imari ( marché financier) ryo mu gihugu imbere (16%).
Ingwate zizatangwa ku nguzanyo zirusha agaciro bigaragara amafaranga azagurizwa
nyir’umushinga : 8.258.884 Frw, ni ukuvuga 10 000 000 Frw y’inguzanyo ubwayo na
2.158.884 Frw y’inyungu mu gihe cy’imyaka 3
III. TUGIRE ICYO TUVUGA KU BIBAZO BIRIHO N’UKO UBWOROZI BWIFASHE MU RWANDA
U Rwanda rusanzwe rubarirwa mu bihugu bitaratera imbere (PMA) ; ikigereranyo umusaruro wose w’Igihugu wo mu 2001 uwugabanyije n’abaturage bacyo bose (PIB), ni amadolari 220 y’amanyamerika.
Ubukene bwabaye akarande kuva mu myaka makumyabiri ishize bukomeje kuba ikibazo gihangayikishije; 60% by’ingo bibarirwa mu ngo zikennye .
Byongeye kandi, ikibazo cy’ubucye bwa proteyine zikomoka ku nyamaswa mu mirire y’abaturage kiracyakomeye.
Koko rero, uko ibintu byifashe ubu, isuzuma ry’ibiribwa by’abantu bituruka ku matungo rigaragaza k’umusaruro w’igihugu ubwawo utanga 50% gusa bya proteyine zikomoka ku nyamaswa zikenewe n’abaturage.
Nyamara kandi, hakurikijwe imibare ya FAO, mu Rwanda, ubworozi bwonyine bwagombye gutanga 10% by’ibikenewe muri proteyine , ni ukuvuga garama 6 ku munsi kuri buri muntu .
Birasanzwe, igihe cyose n’ahantu hose, uruhare rw’ubworozi mu gutanga ibitunga abantu ni indasimburwa.
Nyamara mu Rwanda, ntirubasha gutanga ibiribwa byose abaturage babukeneyeho .Muri rusange twavuga hari icyuho mu mirire y’abaturage, kigereranywa na garama 2,4 ku muturage kandi ku munsi .
Kubera icyo kibazo, kandi ihereye ku nshingano yayo yo gutanga amerekezo mu nzego zinyuranye z’ubuzima bw’Igihugu, Leta y’u Rwanda, ibinyujije kuri Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi ifite nyine mu nshingano zayo guteza imbere ubworozi, imaze gushyiraho gahunda inoze y’igihugu yo guteza imbere ubworozi.Iyo gahunda, ku byerekeranye no guteza imbere umusaruro w’ubworozi, yibanda kuri politiki yo gushyira imbere ubuzobere (spécialisation) no guharira uturere ibikorwa by’ubworozi biberanye na two (régionalisation).
Icyo gitekerezo cy’ubuzobere gisaba ko ubworozi bw’inka bwagombye kwibanda ku guteza imbere umusaruro w’amata, ubw’amatungo atuza (monogastriques) (ingurube, ibiguruka, inkwavu) bukibanda ku guteza imbere umusaruro w’inyama, naho ubw’amatungo mato yuza (ihene intama.) bukibanda ku guteza imbere umusaruro w’amata n’inyama
Impamvu umushinga ari ngombwa
Imibare ituruka muri MINAGRI igaragaza ko mu Ntara ya Byumba honyine hari ingurube8.525 ku baturage 707.786 ; ni ukuvuga ingurube imwe ku bantu 83.
Ku rwego rw’igihugu, habarurwa ingurube zigera ku 216. 627, ku baturage 8.128.553, ni ukuvuga urukwavu rumwe ku baturage 38.
Umubare w’abaturage b’u Rwanda wagaragajwe n’ibarura Rusange ry’Abaturage n’Imiturire ryo kuwa 15/8/2002 ni 8.128.336 .
Imbonerahamwe ikurikira kiragaragaza proteyine zikenewe mu mirire y’abaturage hakurikijwe imibare ya FAO :
Imbonerahamwe N°1 : proteyine zikomoka ku matungo zikenewe
Igihe cyose nta rukingo rw’iyo ndwara ruzaba nta rurakaboneka, iterambere ry’ubworozi
bw’ingurube rizakomeza kugira ikibazo. Ni nayo mmpamvu imishinga minini y’ubwo
bworozi yagombye ,kwerekezwa mu majyaruguru y’Igihugu (Ruhengeri, Gisenyi ,Byumba),
hatarangwa na gato iyo ndwara, yashinze imizi ahandi mu Gihugu..
Uyu mushinga w’ubworozi bw’ingurube uzatangirana ingurube 30 gusa. Kazaba ari
nk’agatonyanga mu nyanja ; ariko kandi, turibwira ko udukorwa nk’aka tubaye twinshi
tugaterateranywa ari two twakura Igihugu mu kibazo cy’ibiribwa bicye.
Ikindi kigaragaza ko uyu mushinga uziye igihe, ni uko mu gihe hategurwa ingamba zo guteza imbere ubuhinzi mu Ntara ya Byumba, abaturage bo mu turere twa Ngarama na Bungwe bari basabye imishinga y’ubworoozi bwo mu biraro, cyane cyane ubw’ingurube.
Kuba rero uyu mushinga uhuje n’ibyo abaturage bifuza bituma wagashyizwe mu bikorwa.
IV. IMITERERE Y’UMUSHINGA N’INTEGO ZAWO
4.1.Intego rusange : Kugira uruhare mu kurwanya ubukene wongererera abaturage umutungo bakura ku bworozi bw’ngurube
4.2. Intego zihariye :
1. Kugira uruhare mu guteza imbere ubworozi bw’ingurube n’ibikorwa bibushamikiyeho : ukwiza mu borozi icyororo cy’ingurube zitanga umusaruro utubutse z’ubwoko bwa LARGE WHITE.
2. Kugira uruhare mu kubonera abaturage ibiribwa bakeneye: bashyira ku isoko umusaruro w’ibikomoka ku matungo: inyama, amavuta y’ingurube (saindoux) bikomoka ku ngurube zororewe, hamwe n’izivanywe mu bworozi zirangije igihe cyo kubyara (réforme).
4. Kugira uruhare mu kugabanya icyuho kirangwa mu buhahirane bw’igihugu n’Amahanga, hagati y’ibitumizwaz n’ibyoherezwa hanze (balance de paiements) : kubera ko inyama zatumizwaga hanze zizagabanuka, ahubwo hakaboneka uburyo bwo kuba hagira inyama z’ingurube n’ibizikomokaho byoherezwa hanze.
5. Kugira uruhare mu kubonera abantu akazi : ushyira mu karare ukoreramo n’ahandi mu Gihugu ibigo bitunganya umusaruro ukomoka ku ngurube, unongera umubare w’abantu bazashora imari mu bworozi bw’ingurube n’ibindi bikorwa bibushamikiyeho.
V. INGAMBA ZO GUSHYIRA UMUSHINGA MU BIKORWA NA GAHUNDA YABYO
5.1. Ibyiciro bigize umuhinga.
Umushinga ugizwe n’ibyiciro bibiri :
-Icyo gukwiz icyororo cy’ingurube : kizajya gikwiza mu borozi bo mu karere ibyana by’ingurube z’ubwoko butanga umusaruro mwiza bwa Large White bimaze amezi abiri bivutse.
Ingamba zo gutubura umusaruro zizibanda ku kwigizayo ingorabahizi zibangamira iterambere ry’ubworozi bw’inkwavu, kugira ngo umushinga ushobore kugez ku isoko umusaruro mwiza ubereye abaguzi.
Ku byerekeye amasoko, ingamba zizitabazwa zizaba izo kuyashakisha no kuyagezaho umusaruro utagira amakemwa, ku biciro birihasi byakurura umuguzi, kubera ko umushinga uzihatira gucunga ibintu byawo neza, ugerageza kugabanya amafaranga agenda ku bikorwa, no kugena igiciro kiwuha inyungu zitari nyinshi
5.3. Ibikorwa biteganyijwe
Ibikorwa by’ibanze biteganyijwe ni ibi bikurikira:
1. Gushaka ikibanza umushinga uzakoreramo:Isambu ya Ha 2 yo irahari aya magingo, ari na ho umushinga uzakorera. Igice cyayo kiingana na 1,5 ha kizaharirwa ubuhinzi bw’ibyatsi bigaburira ingurube, naho ikindi gisigaye 0,5 ha giharirwe ibikorwa-remezo by’umushinga.
5. Gucukura ibimpoteri bibiri:Iibimpoteri ni ngombwa kugira ngo bijye mo amahurunguru y’ingurube, ari yo azavamo ifumbire nziza ikoreshwa mu buhinzi. Izajya inakoreshwa mu gufumbira imirima y ‘ubwatsi bw’ingurube.
6. gusuzuma imigendekere y’umushinga/ Gutanga za raporo
//// //// ////
VI. GUKIURIKIRANA NO GUSUZUMA IMIKORERE Y’UMUSHINGA
- Ikurikirana ry’ibikorwa ryikorewe n’Umushinga ubwawo (Evaluation interne) : Rizakorwa na nyir’umushinga afatanyije n’abakozi ba MINAGRI ku rwego rw’Akarere. Raporo y’iryo genzura izajya itangwa buri gihembwe l.
Ku byereke isuzuma bikorwa rikozwe n’inzego ziturutse hanze y’umushinga:Umushinga uzitabaza abantu babishoboye kugira ngo babiborohereze, barimo abakozi b’umushinga RSSP ku rwego rw’Intara, n’abahagarariye umuterankunga. Iryo suzuma bikorwa rizajya rikorwa mu mpera za buri mwaka.
VII. UBUSHOBOZI NYIR’UMUSHNGA AFITE
Nyir’umushinga yisanganiwe ubuzobere mu byerekeye ubworozi bw’ingurube.Byongeye kandi, hari umuveterineri ubihugukiwe azajya agenderera ibikorwa by’umushinga nibura kabiri mu cyumweru , abihemeberwe.N’abakozi ba RSSP ku rwego rw’Intara bazajya batera inkunga umuhinga mu gushyira mubikorwa gahunda yawo, no mu ikurikirana ryawo.
VIII. ESE UMUSHINGA URASHOBOKA ? ESE UFITE AMAHIRWE YO KURAMBA ?
Ibiribwa binyuranye : Bizaba birimo ubwtsi, ibikomoka ku bihingwa n’ibisigazwa byo mu nganda zo mu Karere. Buri tungo rizajya rihabwa ibiro bibiri bya bene ibyo biryo. Ikiguzi cyabyo ni amafaranga 40, ni ukuvuga ko amafaranga agenda kuri buri ngurube ku munsi ari80.
Ibiryo mvaruganda (concentré) : Ibipfizi bizajya bihabwa ½ kg ku munsi, naho ingurube z’imbyeyi zihabwe ikilo kimwe kiguze amafaranga 100.
- Uruhushya ruhagaritse (colonne) rwa 5 ruboneka bakuba impushya zihagaritse2 x 3 x 4
Amafaranga umushinga uzakoresha azaturuka kuri nyirawo ubwe, kimwe no kuri RIF, ari yo sanduku ya RSSP igamje gutera inkunga ibikorwa by’ishormari mu byaro .
Ba nyir’mishinga ubundi bagirwa inama yo kugira uruhare batanga nibura 30% by’ imari ikenewe mu mishinga yabo.Uru ruhare rushobora kuba amafaranga, kimwe n’uko rwaba mu bintu
Naho inkunga iturutse hanze y’umushinga ubwawo izatangwa ku buryo bukurikira :60 % azava ku nguzanyo ya Banki izishyurwa, naho 40% azabe inkunga y’Umushinga RSSP, inyuze ku isanduku yawo igamije gutera inkunga ibikorwa by’ishoramari mu byaro, RIF.
Ku bireba uyu lmushinga , uuhare rwaw bwite ruzaba : 4.676.000 Frw , ni ukuvuga 32%by’amafaranga yose azawugendaho ; naho azava hanze yawo azaba angana na : 10.000.000Frw, ni ukuvuga 68% arimo :
- 6.000.000 Frw y’inguzanyo ya Banki, na- 4.000.000 Frw y’inkunga ya RSSP binyujijwe muri RIF
9.2. GAHUNDA YO KUBYAZA IKIGO UMUSARURO
Iyi ngingo irebwa ku nzego eshatu :1. Amafaranga azagenda ku bikorwa mbonezamusaruro ( charges d’exploitation)2.Amafaranga azava ku byagurisijwe ( produits ou chiffre d’affaires)3. Amafarnga azagenda ku bikorwa mbonezamusaruro
Ubushobozi bwo kwibeshaho ku mafaranga (Capacité d’autofinancement (cash flow net))
6.294.160 6.894.890 7.555.690 8.282.580 9.092.150
Imibare yerekeye amafarnga azinjira n’azasohoka ku bikorwa yabazwe ku mwaka wa mbere wonyine, naho ku myaka ikurikira trwakoresheje ry’ikigererayo cy’ubwiyongere bwayo cy’10.
Guhera ku mwaka wa mbere wawo, umushinga uzabona inyungu ya 8.422.400 Frw hataravanwamo imisoro, ubushobozi bwawo bwo kwibeshaho ku by’amamfaranga (capaicité d’autofinancement) bube 6.294.160 Frw .Iyo mibare yombi izikuba hafi kabiri ku mwaka wa gatanu ikaba : 12.711.610 Frw na9.092.150 Frw.9.3. Inyungu zitegerejwe ku mushinga
Inyungu zitegerejwe ku mushinga zasuzumwa ku nzego eshatu :
- Inyungu zo mu by’imari- Inyungu mu by’imibereho myiz y’abturage- Inyungu mu by’ubukungu
1. Inyungu mu byerekeye imari (rentabilité financière)
Isuzuma ry’inyungu umushing uzazana mu byerekeye imari rihera ku ndanga zitandukanye, ariko ziri mu byiciro bibiri :
1° Indanga zititabaza ibyo guhuza imibare n’ibihe (actualisation) ; izo ni:- Urwego umushinga utangiriraho kunguka (Le seuil de rentabilité)- Igihe umushinga umara kugira ngo ube ugaruje imari washoye ( temps de récupération du
capital investi)- Ikigereranyo cyo kwiyungura ( taux de rendement simple)
Ku bireba umushinga wacu, izo ;ndanga zifashe uko tugiye kubisobanura:
Icyo gihe amafaranga ava ku bintu umushinga ugurisha aba atangiye kuruta agenda ku bikorwa ahinduka (frais fixes) n’adahinduka (frais variables).
Amafaranga agenda ku bikorwa adahinduka yishyurwa n’umushinga hatitawe ku rugero rw’imirimo yakozwe.Naho amafarnga agenda ku bikorwa ahindagurika ni ya yandi abarirwa ku rugero rw’imirimo yakorewe umushinga ; ku bireba umushinga wacu, ubwo abarirwa ku bwinshi bw’amatungo umushinga ugenda worora. .
Imboinerahamwe ikurikira irerekana iragereranya amafaranga agenda ku bikorwa ahinduka(CF) n’adahinduka (CV ( (charges variables et non variables)
Inyito Total Amafaranga agenda ku bikorwa by’umushingaadahinduka
Ibi biravuga ko Umushinga ufite ubwinyagamburiro (marge de manœuvre) bungana na74,50% . Bikavuga kandi ko umukugiro umushinga utangiriraho kubyara inyungu (seuil de rentabilité ari amafaranga 18.000.000 x 25,50% = 4.590.000 Frw
Iyi mibare yerekana neza urugero umushinga utangiriraho kubyara inyungu mu mafaranga rugerwaho igihe amafaranga yose yinjiye ku bintu byacurujwe agera kuri 4.590.000 Frw, ahwanye na 25,50% ibi rero birashimishije .
Igishoro giturutse ku nguzanyo ku ijanisha ry’inyungu ringana na TRI ntugira inyungu cyangwa igihombo. Ibi bivuga ko kugira ngo umushinga ubyare inyungu, TRI igomba kuba isumbye kijanisha ry’inyungu .
Ku bireba umushinga wacu, TRI iteye ku buryo bukurikira :
4°.Ikigereranyo gisanzwecyo kwunguka k’umushinga (Taux de rendement simple)Anné e
TRI = 16 + ( 30 - 16 ) x 6.286.752 / (6.286.752 +298.178 )= 16 + 14 x 6.286.752 / 6.584.930= 16 + 14 x 0,95 = 16 + 13, 3 = 29,3%
Uyu mushinga ufite ijanisha ry’uburyo uzabyara inyungu (TRI) riri hejuru bihagije, ringana na 29,3%, rikaba riruta rwose ijanisha ry’inyungu rikoreshwa na Banki zo mu Gihugu ( 16%), bikaba biha umushinga amahirwe ahagije yo gushyirwa mu bikorwa nta nkomyi no kuba wabona kinguzanyo y’amabanki. .
2 . Inyungu mu byerekeye imibereho myiza y’abaturage (Rentabilité sociale)
Umushinga uzzanira akazi abantu batari bacye, bahembwe imishahara itari munsi y ‘amafaranga 960.000 ku mwaka.
Aborozi bazarushaho gutera imbere mu bworozi bw’ingurube kubera ko bazaba bafite hafi aho bakura icyororo cyiza kibazanira inyungu
Ubworozi bw’inkwavu buzatuma aborozi babwungukiramo amafaranga atari macye ,maze imibereho yabo irusheho kuba myizaUmushinga uzagira uruhare mu gutuma ibiciro by’inyama birushaho kuba byiza ku muguzi ku isoko ry’imbere :mu gihugu, bityo buri wese ashobore kwihahira kuri icyo kiribwa gikyundwa na bose, ariko cyasaga n’aho gihariwe abifite kugeza ubu. Kuri ubwo buryo kandi, umushinga uzaba urwanya ikibazo cy’indyo ituzuye..
3. Inyungu mu byerekeye ubukungu
Umushinga nukwiza icyororo cyiza cy’ingurube, boizatuma zororokera aborozi, ibyo nta shiti. Ubwinshi bw’umusaruro bizatanga na wo uzatuma hari ibindi bikorwa bishamikira kuri ibwo bworozi, bivelmo inganda nto, zaba izikora ibikenerwa mu bworozi bw’ingurube (activités en aval de la production), byaba n’ibitunganya umusaruro uzikomokaho. .
Uyu mushinga uzagira uruhare rutari ruto mu kuziba icyuho hagati y’amafaranga aturuka ku bicuruzwa U Rwanda rwohereza hanze n’aturuka ku byo rwinjiza (balance de paiements).