Top Banner
URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 1 URUKIKO RWISUMBUYE RWA RUSIZI RURI KU CYICARO CYARWO I RUSIZI RUHABURANISHIRIZA IMANZA Z’INSHINJABYAHA KU RWEGO RWA MBERE, RUCIYE MU RUHAME URUBANZA RP.0049/16/TGI/RSZ MU BURYO BUKURIKIRA NONE KU WA 05/05/2016. HAREGA: UBUSHINJACYAHA na HAREGWA : GASHAMURA Anicet mwene MUHASHYI Gaspard na MUKARUGENGE Alvera wavutse mu 1961, mu mudugudu wa BURUNGA, akagari ka BURUNGA, umurenge wa GIHUNDWE, mu karere ka RUSIZI, intara y’UBURENGERAZUBA. Ntarakurikiranwa n’Inkiko ku buryo buzwi, kandi akaba akurikiranwa adafunze. ICYAHA BASHINJWA: Gutwika ku bushake amangazini, icyaha giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 398 y’Itegeko Ngenga N 0 01/2012 OL ryo kuwa 02/05/2012 rishyiraho igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda. I. IMITERERE Y’URUBANZA: 1. Ubushinjacyaha burega GASHAMURA Anicet kuba yaratwitse iduka rye yacururizagamo, ngo kuko yabonaga ari mu gihombo, ndetse ngo akaba yaragombaga kuva mu nzu y’abandi yakodeshaga bitarenze tariki 31/12/2015, nyamara ngo akomeza kuyibamo. 2. Ubushinjacyaha busobanura ko ibyo byabaye tariki ya 03/01/2016 mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00) ngo kuko yari afite ijerekani irimo essence muri iryo duka rye, akayitwikiriza imifuka y’umuceri, hanyuma ngo arangije akongeza ibicuruzwa arisohokera ntiyataka, ariko ngo abantu babonye iduka rye rishya batangira kugerageza gusohora ibintu bimwe byarimo, ntiyabafasha abandi
21

law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

Mar 12, 2023

Download

Documents

Khang Minh
Welcome message from author
This document is posted to help you gain knowledge. Please leave a comment to let me know what you think about it! Share it to your friends and learn new things together.
Transcript
Page 1: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 1

URUKIKO RWISUMBUYE RWA RUSIZI RURI KU CYICARO CYARWO I RUSIZI RUHABURANISHIRIZA

IMANZA Z’INSHINJABYAHA KU RWEGO RWA MBERE, RUCIYE MU RUHAME URUBANZA

RP.0049/16/TGI/RSZ MU BURYO BUKURIKIRA NONE KU WA 05/05/2016.

HAREGA:

UBUSHINJACYAHA

na

HAREGWA : GASHAMURA Anicet mwene MUHASHYI Gaspard na MUKARUGENGE Alvera wavutse mu

1961, mu mudugudu wa BURUNGA, akagari ka BURUNGA, umurenge wa GIHUNDWE, mu karere ka

RUSIZI, intara y’UBURENGERAZUBA. Ntarakurikiranwa n’Inkiko ku buryo buzwi, kandi akaba akurikiranwa

adafunze.

ICYAHA BASHINJWA: Gutwika ku bushake amangazini, icyaha giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya

398 y’Itegeko Ngenga N001/2012 OL ryo kuwa 02/05/2012 rishyiraho igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu

Rwanda.

I. IMITERERE Y’URUBANZA:

1. Ubushinjacyaha burega GASHAMURA Anicet kuba yaratwitse iduka rye yacururizagamo, ngo kuko

yabonaga ari mu gihombo, ndetse ngo akaba yaragombaga kuva mu nzu y’abandi yakodeshaga

bitarenze tariki 31/12/2015, nyamara ngo akomeza kuyibamo.

2. Ubushinjacyaha busobanura ko ibyo byabaye tariki ya 03/01/2016 mu ma saa kumi n’ebyiri

z’umugoroba (18h00) ngo kuko yari afite ijerekani irimo essence muri iryo duka rye, akayitwikiriza

imifuka y’umuceri, hanyuma ngo arangije akongeza ibicuruzwa arisohokera ntiyataka, ariko ngo abantu

babonye iduka rye rishya batangira kugerageza gusohora ibintu bimwe byarimo, ntiyabafasha abandi

Page 2: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 2

ngo arabirukana ababwira ko ikiri bube nta muntu ukibuza. Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko ngo

GASHAMURA Anicet yavuze ko mu iduka rye hahiriyemo ibicuruzwa bifite agaciro ka 120.000.000Frw.

3. Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko iyo nkongi y’umuriro yari nyinshi, kuburyo yanyuze muri plafond

igagafata n’iduka rindi byegeranye ku ruhande rya NZEYIMANA Emmanuel, naryo ryarimo ibicuruzwa

byinshi, kandi ngo umuriro warakomeje ufata Forex bureau byegeranye kuko yari inzu imwe (1) ifite

imiryango itatu (3), hose hagashya. Kubera ibyo byose rero, Ubushinjacyaha bukabishingiraho buvuga

ko GASHAMURA Anicet yakoze icyaha cyo gutwika amangazini ye yacururizagamo.

4. Uru rubanza mu mizi kandi, rwari rwarabanjirijwe n’ikirego cy’Ubushinjacyaha bwaregeraga ko

GASHAMURA Anicet yafungwa by’agateganyo, maze Urukiko rw’ibanze rwa KAMEMBE rusanga ari

nta mpamvu zikomeye zari gutuma afungwa by’agateganyo rutegeka ko afungurwa agakurikiranwa ari

hanze. Ubushinjacyaha bwajuririye icyo cyemezo mu Rukiko rwisumbuye rwa RUSIZI, maze narwo

rusanga ari nta mpamvu zikomeye zihari rwemeza ko icyemezo gifungura by’agateganyo

GASHAMURA Anicet kidahindutse, ariyo mpamvu aburana ari hanze.

5. Mu miburanire ya GASHAMURA Anicet mu mizi y’uru rubanza, yahakanye icyaha yaregwaga kandi

akavuga ko essence atari kuyigira mu nzu ye yashyaga ngo babashe kuyivanamo, ko rero atari iyavuye

mu nzu ye, ko kandi ibindi bimenyetso byavugwaga bitagaragaza ukuri.

6. Ku munsi w’urubanza mu mizi, Ubushinjacyaha bwari buhari kandi na GASHAMURA Anicet yitabye

ndetse yunganirwa na Me BIGIRIMANA Félicien, urubanza rubera mu ruhame.

Ibigomba gusuzumwa muri uru rubanza:

Kumenya niba ukwemera kwa GASHAMURA Anicet ko iwe bahasanze ijerekani ya Essence

atayicuruza, kandi no kuba ari nta faranga ryari mu nzu ye byerekana yari yapanze kwitwikira ;

Kumenya niba ubuhamya bwa BAYAVUGE Claude, ubwa TUYISHIME Emmanuel n’ubwa

NDAGIJIMANA Gédéon bugaragaza ko koko GASHAMURA Anicet yitwikiye amangazini ;

Page 3: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 3

Kumenya niba inyandiko mvugo y’ifatira rya Essence ingana na Litiro 10, hamwe no kuba yari

yarafashe ubwishingizi bw’inkongi bigaragaza ko koko GASHAMURA Anicet yitwikiye amangazini ;

Kumenya niba Historique ya Banki GASHAMURA Anicet abitsamo, iy’ikigo cy’igihugu cy’imisoro

n’amahoro (RRA) bigaragaza ko yari yarahombye kuburyo yari kwitwikira amangazini ;

Kumenya niba Raporo y’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (REG) igaragaza ko

GASHAMURA Anicet yitwikiye amangazini ;

Kumenya niba Raporo yakozwe n’abahanga ba KIGALI FORENSIC LABORATORY (KFL) ndetse na

Electricians yerekana ko GASHAMURA Anicet yitwikiye amangazini ;

Kumenya niba igihano cy’igifungo cy’imyaka makumyabiri n’itanu (25 ans d’emprisonnement)

Ubushinjacyaha busabira GASHAMURA Anicet akwiriye kugihabwa ;

II. ISESENGURA RY’IBIBAZO BIRI MU RUBANZA:

Ibijyanye no kumenya niba ukwemera kwa GASHAMURA Anicet ko iwe bahasanze ijerekani ya

Essence atayicuruza, kandi no kuba ari nta faranga ryari mu nzu ye byerekana yari yapanze kwitwikira.

7. Ingingo ya mbere Ubushinjacyaha bushingiraho ikirego cyabwo, ni uko ngo nubwo GASHAMURA

Anicet yabajijwe maze agahakana ko yitwikiye ahubwo yemeza ko ari ibyago yagize, nyamara ngo

yiyemereye ko iwe hafatiwe Essence mu gihe kandi atayicuruza. Ikindi kandi Ubushinjacyaha

bushingiraho, ngo ni uko ari nta faranga ryahiriye muri ayo mangazini ya GASHAMURA Anicet. (Reba

cote ya 15, 67).

8. Ahawe umwanya ngo avuge ku ijerekani ya Essence yavugwaga, GASHAMURA Anicet yabwiye

Urukiko ko ari nta Essence yigeze iba mu nzu ye (amangazini), ko iyo Essence yagaragaye igihe bari

batangiye kuzana amazi yo kuzimya.

9. Kubijyanye n’amafaranga, GASHAMURA Anicet avuga ko yose yari ayafite, andi ari mu ruhago ndetse

hari n’andi yari mu nzu.

Page 4: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 4

10. Me BIGIRIMANA Félicien wunganira GASHAMURA Anicet avuga ko we yavuze ko Urukiko

rwashishoza neza ngo kuko bitashoboka ko mu nzu irimo gushya, wahabona ijerikani yuzuye Essence

kandi ipfundikije ishashi, ngo kuko ubusanzwe essence ikurura umuriro. Ngo nta gikorwa cyo kwitwikira

amangazini cyabayeho, kuko iduka rye ryahiye nta ruhare abigizemo, cyane ko ngo umuriro wari

umaze umwanya ugenda ukagaruka buri mwanya.

11. Me BIGIRIMANA Félicien yagarutse ku buhamya bwatanzwe na HAVUGIMANA Assoumani wagize

ati : « …twatabaye turimo gukuramo ibicuruzwa ngo bidashya byose, nibwo nateruye ijerekani turebye

dusanga harimo essence, kandi ubwo iryo duka ryarakaga cyane,… » (Reba cote ya 38). Me

BIGIRIMANA Félicien kandi yavuze no kubuhamya bwa UMUHOZA Justine wahageze mu bambere

batabaye, maze ngo akaba yaravuze ko ubwo yari ahageze iduka ryari ryahiye cyane, ndetse

n’umwuka (umwotsi) wari mwinshi cyane kuburyo ntawabashaga kwinjiramo. (Reba cote 41). Me

BIGIRIMANA Félicien yavuze kandi ko umupolisi yabajije Justine niba hari Essence yaba yaravuye kwa

GASHAMURA Anicet, maze uyu mutangabuhmya avuga ko byashoboka ariko ko atayibonye kuko

harimo umwotsi mwinshi, ariko ngo nyuma nibwo baje kuhasanga ijerekani ya Essence. (Reba cote ya

42). Me BIGIRIMANA Felicien kandi avuga ko iyo ikintu gifatiriwe gihabwa nimero, akaba ari nta jerikani

yerekanwe, ikindi ngo amafoto agaragazwa y’ijerekani yafashwe bukeye kandi nta kigaragaza ko atari

ay’ijerekani wenda irimo amazi, kuko bidashoboka ko wakwerekana ijerekani yafatiriyeho imiceri

kubera ubushyuhe ngo ishashi ipfundikije essence yo ntibe yarahiye. Asoza asaba Urukiko kuzibaza

niba byashoboka ko ijerekani ya Essence ipfundikije ishashi yaboneka mu iduka ryahiye rigakongoka.

Uyu mwunganizi kandi yavuze ko Essence yazanywe n’umuntu washakaga kumubeshyera ko yitwikiye.

12. Mu gusesengura ibyo rwagaragarizwaga, Urukiko rusanga ko nubwo bwose bigoye kwemeza ko

ijerekani yuzuye Essence kandi ipfundikije ishashi yarokoka (itahiye) mu nkongi y’umuriro

w’amangazini yahiye agakongoka, nta n’icyakwemeza ko inkongi yatwitse amangazini yaba yaraturutse

Page 5: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 5

kuri Essence ivugwa. Uburyo Essence ikururana n’umuriro, ntabwo byashoboka ko yaba itarabanje

gushya mbere y’ibindi bintu. Nubwo hari abantu babivuga, bishoboka ko iyo Essence yaturutse ahandi

hatari muri ayo mangazini, nubwo bwose inzu zibitswemo essence atariko zose zishya, cyangwa se

ngo aho amazu ashya hose bibe ari ihame ko biba bitewe na Essence.

13. Urukiko kandi rusanga inyandiko mvugo y’ifatira rya essence riteye gushidikanya mu gushinja

GASHAMURA Anicet icyaha, cyane ko iyo nyandiko yakozwe bahera kubintu byasanzwe hanze

bivugwa ko byakuwe mu nzu, ntacyakwemeza ijana kw’ijana ko wenda itaba yanavanywe ku ruhande,

kubera ko uburyo umuriro ukururana na Essence bitari gushoboka ko mu nkongi idasanzwe nk’iriya

hagira umuntu watemberana essence munzu iri gukongoka, byongeye ijerekeni ipfundikishije ishashi

ikagera aho ifatiraho imiceri kubera ubushyuhe iyo shashi itahiye, cyangwa ngo iyo essence ibe

itafashwe n’inkongi. Iki kimenyetso cy’inyandiko mvugo y’ifatira nubwo atari kamarampaka mu

kwemeza inkomoko y’umuriro watwitse amangazini ya GASHAMURA Anicet, nta nubwo ari

ikimenyetso gifatika cyamushinja kwitwikira amangazini, kuko usibye no kugaragarizwa ikimenyetso

cyangwa ubuhamya, n’Urukiko ubwarwo narwo ruba rufite inshingano zo kureba ibintu bishoboka

n’ibindi biba bigoranye kwemera ko byashoboka.

14. Ku bijyanye no kuba nta faranga ryari mu mangazini ya GASHAMURA Anicet, Urukiko rusanga ari nta

kibyemeza, kuko Ubushinjacyaha bwabivuze ariko nyamara GASHAMURA Anicet we mu miburanire ye

akivugira ko amwe yari ayafite, andi ari mu ruhago, ndetse andi ari mu nzu. Rusanga kandi kuba

umuntu yaba adatunze amafaranga mu nzu ye, bidahagije ngo bishinje umuntu kwitwikira. Iki rero

nacyo si ikimenyetso gifatika cyashingirwaho n’Urukiko mu kwemeza no guhamya GASHAMURA

Anicet icyaha cyo kwitwikira amangazini.

Ibijyanye no kumenya niba ubuhamya bwa BAYAVUGE Claude, ubwa TUYISHIME Emmanuel n’ubwa

NDAGIJIMANA Gédéon bugaragaza ko koko GASHAMURA Anicet yitwikiye amangazini.

Page 6: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 6

15. Ingingo ya 2 Ubushinjacyaha bushingiraho ikirego cyabwo, ni ubuhamya bwa BAYAVUGE Claude,

ubwa TUYISHIME Emmanuel n’ubwa NDAGIJIMANA Gédéon ngo bugaragaza ko GASHAMURA

Anicet yitwikiye amangazini. Aba batangabuhamya barabajijwe maze bagaragaza ko GASHAMURA

Anicet atigeze agira uruhare na ruto mu kubafasha gusohora ibicuruzwa, ngo kuko yavugaga ko ikintu

kiri bube ari nta muntu wakibuza, ababuza kuzimya. (reba cote ya 26-36). Umutangabuhamya witwa

TUYISHIME Emmanuel kandi avuga ko amatara yarimo kwaka, mu gihe ngo nyamara GASHAMURA

Anicet we yavugaga ko umuriro wari wabuze noneho mu kugaruka bigaturika muri Fusible.

Ubushinjacyaha rero bukibaza ukuntu Fusible zaba zahiye ngo noneho umuriro ukomeze uze. (Reba

cote 44-46).

16. Ahawe umwanya ngo avuge kuri ubu buhamya, GASHAMURA Anicet avuga ko yavuze ko

abatangabuhamya babajijwe bavuguruzanya, ngo kuko BAYAVUGE Claude yavuze ko urugi rwari

rwegetseho GASHAMURA Anicet afite ingufuri mu ntoki, Idrisa akavuga ko yasanze urugi rufunze

ahandi hadafunze. BAYAVUGE Claude akavuga ko atigeze ataka nyamara Idrissa akavuga ko

yavugaga ko iduka rye rihiye hahita hatumizwa kizimyamwoto. Assoumani avuga ko yasohoye essence

mu mangazini ya GASHAMURA Anicet, nyamara ngo Justine we akavuga ko atigeze abona Essence

kandi yari ahari.

17. Ku bijyanye n’ubuhamya bwa TUYISHIME Emmanuel uvuga ko itara ryaba ryarakaga igihe inzu

yashyaga, GASHAMURA Anicet avuga ko ngo ataribyo, kuko ngo ahubwo REG yahise ikura umuriro

kuri ligne ya RUSIZI yose. Asoza yibaza uko uwo muriro waba warasigaye mu iduka rye honyine n’aho

waba waravaga. Ikindi kandi ngo Ubushinjacyaha ntabwo bugaragaza igihe uyu mutangabuhamya

witwa TUYISHIME Emmanuel yahagereye.

18. Kuri ubu buhamya kandi, Me BIGIRIMANA Félicien mu mwanzuro wo kwiregura avuga ko ibyo bavuga

ari nta gaciro byagombye guhabwa, ngo kuko bavuguruzanya ubwabo. Ngo bamwe bavuga ko

Page 7: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 7

GASHAMURA Anicet yababujije gutabara bakinze, nyamara ngo abandi bakavuga ko yabahuruje

hadakinze. Uyu mwunganizi yibaza kandi uburyo ubuhamya bwa TUYISHIME Emmanuel ari wenyine

wemeje ko itara ryakaga mu bantu benshi bari bahari inzu ishya, kandi ngo ibyo bidashoboka,

bakanabiheraho bavuga ko ahubwo atari ahari. Me BIGIRIMANA Félicien avuga ko kandi BAYAVUGE

atazi uregwa, kimwe na HABANABAKIZE Emmanuel kuko ngo bemeza ko (GASHAMURA Anicet)

atabafashije gusohora ibintu bikitwa ko ariwe witwikiye, ibyo ngo bifatwa nko gukina ku mubyimba

umuntu wagize ibyago.

19. Mu gusesengura ibyo rwagaragarizwaga, urukiko rusanga mu buhamya bwa BAYAVUGE Claude

yaragaragaje ko igihe iduka rya GASHAMURA Anicet ryatangiraga gushya bamuvugishaga

ntabasubize, ahubwo yipfumbase, abona gukubita urugi umugeri kuko rwari rwegetseho, we ngo

yahise yicara hasi akomeza kubarebera uko basohora ibintu. Uwo mutangabuhamya anavuga ko ngo

matelas zari mu mangazini ya GASHAMURA Anicet zari zipanze kuburyo zakongeza inzu yose. Avuga

kandi ko ngo umuriro waturutse imbere mu iduka kandi ko babibonaga bari inyuma kandi ibirahure

biturika. (Reba cote ya 26-29).

20. Urukiko rusanga mu buhamya bwa HABANABAKIZE Emmanuel nawe, yavuze ko iduka rya

GASHAMURA Anicet ryatangiraga gushya yari mu mutaka uri imbere yaho agura ama unités ya

terefoni, urugi rumwe rw’iduka rumwe rukinguye urundi rukinze. Hanyuma bamubajije icyo bamufasha,

GASHAMURA abasubiza ko batabuza ibiba kuba, ngo amusunika amubuza kwinjiramo ariko amubwira

ko yabanza kumwitegereza ko rero adashobora kumwiba, ahita yinjiramo ku ngufu akurura matelas

yarimo gushya. Rusanga kandi uyu mutangabuhamya yarabwiye Polisi ko GASHAMURA Anicet ngo

yashakaga ko ibintu byose bishya. Uyu mutangabuhamya yanavuze ko GASHAMURA Anicet afite

uruhare mu nkongi yamutwikiye amangazini, kuko yababuzaga kuzimya kandi akavuga ko ngo ari

Page 8: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 8

amashanyarazi yabiteye, akanongeraho ko muri uko gushya n’itara ry’amashanyarazi ryabaga ryaka.

Kuri we rero, ngo ntabwo hari kuba circuit ngo amatara agumye kwaka (Reba cote ya 30-32).

21. Urukiko kandi rusanga mu buhamya bwa NDAGIJIMANA Gédéon yarabajijwe, maze avuga ko iduka

rya GASHAMURA Anicet ryatangiye gushya ahari, kandi ko yasohotse mu iduka rye avuga ko rihiye,

nawe amufasha gutaka anafatanya n’abandi gukuramo ibicuruzwa bimwe. Akomeza avuga ko yajyaga

kwinjira, ariko akamubuza kugirango adashya kuko umuriro wari wamaze kuba mwinshi. (Reba cote ya

34). Uyu mutangabuhamya yabajijwe aho uwo muriro waba waraturutse, maze asubiza ko yabonaga

uwo muriro mu bicuruzwa byose kandi imyotsi ari myinshi, ko atashobora kumenya aho waturutse.

22. Mu guhuza ibyo rwabonye byose, Urukiko rurasanga mu buhamya bwatanzwe n’abari bari aho iduka

rya GASHAMURA Anicet ryashyaga, baranyuranije imvugo kubijyanye no kuba amangazini ya

GASHAMURA Anicet yari afunze cyangwa akinguye, bakanyuranya ku kuba uyu GASHAMURA Anicet

yaratatse cyangwa ataratatse abonye iduka rye rihiye, no ku kuba yarabuzaga abantu kwinjiramo ngo

bajye kuzimya aribyo bamwe bahereyeho bemeza ko afite uruhare mu kwitwikira, nyamara abandi

(NDAGIJIMANA Gédéon) we akavuga ko yasohotse ataka ko aduka rye rihiye ndetse nawe

akamufasha gutabaza. Uyu mutangabuhamya yanongeyeho ko yamubuzaga kwinjira mu mangazini

kugirango adashya ngo kuko umuriro wari mwinshi cyane, dore ko ngo n’ibirahure by’inzu byaturikaga

kandi umuriro n’umwotsi nabyo ari byinshi. (Reba ubuhamya bwatanzwe haruguru). Kuba ubu

buhamya bwaratanzwe bwose n’abantu bari bahibereye, bituma Urukiko narwo rugomba gushyiraho

ubushishozi buhagije kugirango hatagira uruhande rurengana, runashingira cyane cyane ku byo

rugaragarizwa bishoboka cyangwa se bidashoboka.

23. Kuri iyi ngingo rero, Urukiko rurasanga ari nta kigaragaza ko GASHAMURA Anicet atatatse abonye

iduka rye ritangiye gushya kuko hari umutangabuhamya wemeje ko byabaye ndetse nawe amufasha

gutabaza abantu barahurura. Rusanga kandi ari nta kigaragaza ko GASHAMURA Anicet yabuzaga

Page 9: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 9

abamutabaye kwinjira mu nzu ye yarimo gushya agamije gusa ko ibicuruzwa byarimo bishya

bigakongoka, kuko umwe mu babajijwe we yasobanuye impamvu yabimuteraga ko ngo kwari

ukugirango hatagira uwahiramo kubera ubwinshi bw’umuriro.

24. Urukiko rusanga ari nta gitangaza kirimo ko waburira umuntu ushobora kwiyahura mu muriro kandi

ubibona. Ntabwo rero Urukiko rwaca ku ruhande icyo gisobanuro umutangabuhamya yahawe na

GASHAMURA Anicet, ngo rushingire ku bakeka ko wenda yaba yari agamije kwitwikira, kuko

n’ababivuga usibye kubikeka ari ntawe ubitangira ikimenyetso gifatika cy’uko aricyo GASHAMURA

Anicet yari agamije.

25. Ntabwo Urukiko rwakwemera ko amangazini ya GASHAMURA Anicet yari akinze nk’uko

abatangabuhamya bamwe babivuze ko ngo byabaye ngombwa ko bateraho umugeri bakinjiramo ku

ngufu, kuko hari umutangabuhamya nawe wari uhari wemeje ko umuryango umwe wari ukinze ariko

undi ukinguye. Kubera ibyo byose bisobanuwe rero, ntabwo ubu buhamya bwatanzwe na BAYAVUGE

Claude, TUYISHIME Emmanuel na NDAGIJIMANA Gédéon bufatika kuburyo bwagaragaza ko koko

GASHAMURA Anicet yaba yaritwikiye amangazini yacururizagamo. Uko kunyuranya imvugo

kw’abatangabuhamya b’Ubushinjacyaha kandi birengera uruhande ruregwa.

Ibijyanye no kumenya niba inyandiko mvugo y’ifatira rya Essence ingana na Litiro 10, hamwe no kuba

yari yarafashe ubwishingizi bw’inkongi bigaragaza ko koko GASHAMURA Anicet yitwikiye amangazini ;

26. Ingingo ya 3 Ubushinjacyaha bushingiraho, ni uko ngo hari inyandiko mvugo y’ifatira rya essence

ingana na Litiro 10 yafatiwe mu iduka rye atayicuruza (Reba cote ya 48), no kuba GASHAMURA Anicet

yari afite ubwishingizi bw’inkongi muri SORAS, Ubushinjacyaha bubiheraho buvuga ko icyari kigamijwe

ari uko umuriro nugera kuri iyo Essence ukaza ubukana. Ikindi ngo ubwishingizi bw’inkongi y’umuriro

bwafashwe kuva tariki ya 2/4/2015 kuzageza tariki ya 2/8/2016 (Reba cote ya 65-66). Ubushinjacyaha

buvuga ko yitwikiye kugirango azishyuze akayabo k’amafaranga angana na 120.000.000Frw.

Page 10: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 10

27. Kuri iyi ngingo ya 3 y’ikirego cy’ubushinjacyaha, GASHAMURA Anicet avuga ko yasinyishijwe nijoro

kuri iyo nyandiko agirango ni inyandiko imufunga ko we atigeze agira Essence. GASHAMURA Anicet

kandi yavuze ko hari abatangabuhamya babazwa kuko bafite amakuru ku byabaye.

28. Ku bijyanye n’uko yari afite ubwishingizi bw’inkongi agamije kuzitwikira, GASHAMURA Anicet avuga ko

ubwo bwishingizi abumaranye imyaka itanu (5) ko kandi agenda abwongeresha. Yongeraho ko kandi

n’uwashaka gutwika atahera ku bicuruzwa bye. GASHAMURA Anicet kandi avuga ko ibyo

Ubushinjacyaha buvuga ko yari yapanze matelas mu nzu kuburyo bugaragaza umugambi wo kwitwikira

ataribyo, ngo kuko yari yaziranguye kubera itangira ry’amashuri.

29. Umutangabuhamya witwa NDUWIMANA Jean Damascène yabwiye Urukiko ko atazi icyateye inkongi

y’umuriro, ariko ko bishoboka ko byaba ari ibibazo by’umuriro wagendaga ukagarukana ubukana

bwinshi. Avuga kandi ko babonye ijerekani ya Essence igejejwe ku ibaraza bibabera urujijo, kuko ngo

bitari gushoboka ko iva mu nzu yarimo umuriro mwinshi (irashya), bakibaza ko yaba ivuye ku muturanyi

cyangwa ahandi. (Reba inyandiko mvugo y’iburanisha ryo kuwa 19/04/2016).

30. Umutangabuhamya witwa HAVUGIMANA Théoneste yabwiye Urukiko ko abona inkongi y’umuriro

yaratewe n’amashanyarazi, ko ikijerekani cya Essence cyagaragajwe n’uwitwa TONIC avuga ngo dore

ikijerekani dukuye munzu ye, wa musaza yitwikiye. Uyu mutangabuhamya avuga ko abari aho

batabyemeye, ngo kuko babonaga ari imipango bakoreye GASHAMURA Anicet, bayizana

bakayihashyira, ngo kuko hari abantu benshi cyane.

31. Me BIGIRIMANA Félicien mu mwanzuro we avuga ko kuba hari ijerekani yafatiriwe mu maboko ya

GASHAMURA Anicet bitavuze ko ariwe wayifatanywe cyangwa wari uyitunze. Ngo uwo yunganira

yasinyishijwe impapuro nyinshi mu ijoro kandi yahahamuwe n’uko ibye byahiye. Uyu mwunganizi kandi

avuga ko ingingo ya 31 y’itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, iteganya ko ngo

uwari ifite iyo essence ariwe wagombaga kuyandikwaho. Ngo ibyo rero ntibyubahirijwe kuko Assumani

Page 11: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 11

cyangwa se TONIC ataribo bayanditsweho. Ikindi Me BIGIRIMANA Félicien yavuze ku rupapuro rwa 2

rw’umwanzuro we, ngo ni uko ari nta kigaragaza ko iyi essence inavugwa ariyo yatwitse inzu, ngo kuko

yari igipfundikiye.

32. Mu gusesengura ibyo rwagaragarizwaga byose, Urukiko rusanga koko nk’uko abaregwa babivuze, nta

kintu na kimwe cyerekana ko essence yerekanwe ikanakorerwa inyandiko mvugo y’uko ifatiriwe yaba

ariyo yatwitse amangazini ya GASHAMURA Anicet, kuko iyo ijya kuba ariyo iba itakigaragazwa

ipfundikiye mu ijerekani itaranahiyeho n’akantu na gato. Byari kuba bihagije kugeraho igishashi

cy’umuriro cyakwegera iyo jerekani ngo nayo ikongokane n’iyo jerekani, ibyo bikaba byuzuzanya n’uko

mu bika bibanza hanagaragajwe ko hari ugushidikanya k’ukuntu mu cyumba cy’inzu irimo kugurumana

kugera n’aho ibirahure by’amadirishya byanaturikaga, umuntu yashobora gusohoramo ijerekani yuzuye

Essence idafashwe nayo n’inkongi.

33. Kuba uregwa n’umwunganizi we batemeranya n’ukuri kw’ibikubiye muri iyi nyandiko mvugo y’ifatira

ry’ijerekani ya Essence, Urukiko rusanga ko koko iyi nyandiko ishobora kuba yarakorewe aho

GASHAMURA Anicet yari afungiwe, kuko nk’uko Me BIGIRIMANA Félicien abivuga abantu bari bayifite

bagombye kuba bagaragaraho, byibuze bagasinya nk’abatangabuhamya, dore ko ingingo ya 31

y’itegeko N0 30/2013 ryo kuwa 24/05/2013 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha

iteganya ko : «Inyandikomvugo y’ifatira irondora ibyafatiriwe kandi ishyirwaho umukono n’uwari ubifite

n’abatangabuhamya iyo bahari. Iyo uwari ubifite adahari cyangwa se adashobora cyangwa adashaka

gushyira umukono ku nyandikomvugo y’ifatira byandikwa muri iyo nyandikomvugo uwari ubifite

agahabwa kopi.” Kuba abavugwa ko banayikuye mu nzu ya GASHAMURA Anicet, ari Assumani na

TONIC bakaba ari ntaho banayisinyishijweho byibuze nk’abatangabuhamya, ibi nabyo bigaragaza ko

iyi nyandiko mvugo ifite akanenge, bituma hanatekerezwa ko iyi Essence yavanywe ahandi, nubwo

Page 12: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 12

bwose kuba iyi Essence yaragaragajwe igipfundikiye byereka mu buryo bugaragarira buri wese ko

atariyo yatwitse inzu nk’uko Ubushinjacyaha bwabivugaga.

34. Ku bijyanye no kuba GASHAMURA Anicet yaba yari afite ubwishingizi bw’inkongi, Urukiko rusanga ko

nubwo ibyo nabyo Ubushinjacyaha bubishingiraho bwerekana ko iyo yaba impamvu yo kwitwikira

amangazini, nyamara siko Urukiko rubibona kuko ahubwo usibye n’abacuruzi, buri wese aba

akangurirwa gufatira inyubako ye ubwishingizi bw’inkongi. Kuba rero GASHAMURA Anicet yarafatiye

ibicuruzwa bye ubwo bwishingizi, nta cyaha kirimo. Kubera ibyo byose bimaze gusobanurwa rero,

Urukiko rurasanga ikimenyetso cy’inyandiko mvugo y’ifatirwa ry’ijerekani ya Essence ingana na Litiro

10 hamwe no kuba GASHAMURA Anicet yari afite ubwishingizi bw’inkongi y’umuriro, ibyo atari

ibimenyetso bifatika byerekana ko yitwikiye amangazini.

Ibijyanye no kumenya niba Historique ya Banki GASHAMURA Anicet abitsamo, iy’ikigo cy’igihugu

cy’imisoro n’amahoro (RRA) bigaragaza ko yari yarahombye kuburyo yari kwitwikira amangazini.

35. Ingingo ya 4 y’ikirego cy’Ubushinjacyaha, ni uko ngo hari Historique ya Banki GASHAMURA Anicet

abitsamo, ngo igaragaza ko ku itariki ya 31/12/2015 yari afite amafaranga 8.088Frw ndetse ngo Banki

iraniyishyura kubera uwo mwenda yari ayifitiye. Ngo hari n’amadorari 53.38$. (Reba cote ya 61).

36. Hagaragajwe na historique y’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA), yo ngo ikaba igaragaza ko

uko GASHAMURA Anicet yajyaga akora Déclaration kubicuruzwa bye. Ngo mu mwaka wa 2013

bigaragara ko yacuruje 43.333.411Frw (Cout de stock vendu) (Reba cote 121). Mu mwaka wa 2014

ngo yacuruje 30.259.553Frw (Reba cote 125). Mu kwerekana ibi byose, Ubushinjacyaha bukavuga ko

ngo ari ukwerekana ko GASHAMURA Anicet yari yatangiye guhomba kuburyo yitwikiye amangazini,

agashaka kuzishyuza agaciro ka 120.000.000Frw mu bwishingizi bw’inkongi yari yarafashe.

37. Ahawe umwanya ngo yiregure, GASHAMURA Anicet yavuze ko kuba historiques ya Banki igaragaza

ko yari afite amafaranga make, yashubije ko ngo byatewe n’uko yari yaranguye ibicuruzwa byinshi

Page 13: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 13

kandi ko KCB yari imaze amezi 2 imuhaye n’inguzanyo ya 30.000.000Frw, ngo yayihawe mu kwezi kwa

9 k’umwaka wa 2015.

38. Kubijyanye n’uko hari inyandiko y’Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) igaragaza ko yaba

yaracuruzaga ahomba kuburyo yapanga kwitwikira ngo azabone uko yishyuza muri assurance,

GASHAMURA Anicet yavuze ko ngo ayo mafaranga yose yari ayatunze mu itumba, kandi ngo nubwo

babonaga Déclarations ari amafranga makeya ngo nyamara yari afite 90.000.000Frw mu bicuruzwa biri

mu mangazini, kandi ko utagenda ubwira buri muntu wese amafaranga yose utunze.

39. Me BIGIRIMANA Félicien mu mwanzuro we yagarutse kuri uku guhomba kwa GASHAMURA Anicet,

avuga ko nta kimenyetso gifatika Ubushinjacyaha bubifitiye, ngo kuko icyemezo cy’uwahombye

gitangwa na RDB (attestaion de faillite) kandi kikaba kitagaragara muri dosiye, ko ngo ahubwo

hagaragazwa ko yacuruzaga yunguka.

40. Mu gusesengura ibyo rwagaragarizwaga byose, Urukiko rusanga ikimenyetso cya historique ya Banki

igaragaza ko GASHAMURA Anicet atari abitse amafaranga menshi, icyo atari ikimenyetso gifatika

gihura no gutwika amangazini ye, kuko aricyo cyaha aregwa. Ntabwo kandi Ubushinjacyaha

bugaragaza ko umuntu wese udafite amafaranga kuri Banki ntayo aba agira mu bundi buryo, kimwe

n’uko wenda utayatunze kuri Konti aba agomba kwitwikira byanze bikunze. Ubushinjacyaha ntabwo

bushobora guhuza kutagira amafaranga no gutwika amangazini mu buryo bufatika, usibye gukeka ko

yaba impamvu, mu gihe nyamara Urukiko rudashobora guhamya umuntu icyaha rushingira ku gukeka

gusa.

41. Ku bijyanye na déclarations za GASHAMURA Anicet muri RRA, Urukiko rusanga ko nubwo bwose

umuntu ashobora kugaragaza imibare myinshi cyangwa mikeya kubera impamvu zinyuranye, ariko

kandi nta nubwo Ubushinjacyaha bwashoboye kugaragaza isano yaba iri mu mibare mike cyangwa

myinshi yakorewe déclaration no gutwika amangazini. Ibyo ni ibintu bitandukanye, cyane ko umuntu

Page 14: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 14

wese ukora déclaration y’amafaranga make atariko atwika amangazini ye. Ikindi kandi, Urukiko

rusanga ari nta muntu wagombye kwitwaza impamvu y’igihombo cy’ubucuruzi bwa GASHAMURA

Anicet, kuko ubucuruzi bwe butigeze bwemezwa n’inzego zibifitiye ububasha ko yaguye mu gihombo.

Kubera ibyo byose bisobanuwe rero, Urukiko rurasanga historiques za Banki hamwe na déclarations zo

muri RRA zidahagije mu kugaragaza uruhare rwa GASHAMURA Anicet mu kwitwikira amagazini yari

yuzuyemo ibicuruzwa bye.

Ibijyanye no kumenya niba Raporo y’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (REG)

igaragaza ko GASHAMURA Anicet yitwikiye amangazini.

42. Ingingo ya 5 y’ikirego cy’Ubushinjacyaha muri uru rubanza, ni Raporo y’Ikigo cy’igihugu gishinzwe

gukwirakwiza amashanyarazi (REG) igaragaza ko ari nta kibazo cy’umuriro cyari gihari, ibyo ngo

bikaba binyuranye n’ibyo GASHAMURA Anicet yavugaga ko waturutse muri Fusible. (Reba cote 50).

43. Ahawe umwanya ngo avuge kuri iki kimenyetso cyatanzwe na REG, GASHAMURA Anicet yavuze ko

ngo REG yihutiye gukura Fusible na compteur kuri iyo nzu. Akomeza yemeza ko fusible arizo zabiteye,

kandi ko ariyo mpamvu REG yihutiye kuzijyana mu rwego rwo gusibanganya ibimenyetso. Ikindi kandi

ngo raporo yatanzwe na REG igamije kwirengera, cyane ko ngo nta n’abantu basinyishijwe ngo

bemeze uko ibintu byari bimeze (kuri iyo raporo).

44. Me BIGIRIMANA Félicien mu mwanzuro we, yavuze ko iyi raporo ya REG ari nta shingiro yagombye

guhabwa, ngo kuko ariyo itungwa agatoki mu kuba nyirabayazana w’ishya rya ririya duka. Yakomeje

yibaza ukuntu ubintu byasobanuka mu gihe REG itari ihari inzu ishya maze ikaza gukora raporo

yivanaho icyaha ? Yibajije kandi ukuntu ibintu byasobanuka (REG) ikuraho compteurs (ku nzu) nta PV

ikozwe, ngo hanasuzumwe uko zivuyeho zimeze.

45. Mu gusesengura ibyo rwagaragarizwaga, Urukiko rusanga raporo ya REG iri kuri cote ya 50 igaragaza

ko ngo bamenyeshejwe ko hari inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi y’umuriro, maze ngo bihutira

Page 15: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 15

kuvana umuriro w’amashanyarazi mu mujyi wa RUSIZI wose. Ubwo ngo bakora ubugenzuzi bareba

icyaba cyateye iyo nkongi y’umuriro, kandi banabaza n’abari bahari uko byagenze.

46. Mu kugaragaza uko basanze bimeze, REG yagize iti :

Iyo nzu y’ubucuruzi ifite imiryango itatu, umuriro ukaba waturutse mu muryango wo hagati

wakorerwagamo na GASHAMURA Anicet ;

Iyo nzu yari iteweho Cash Power eshatu zicamira iyo miryango twasanze nta kibazo zagize zose ;

Amakuru atangazwa n’umwe mu bakoreraga muri iyo nzu mu muryango wo hagati (GASHAMURA)

wari uhibereye, avuga ko umuriro waturutse mu muryango wo hagati ugakongeza indi miryango ;

Akomeza avuga ko yumvise biturika mu nzu muri uwo muryango wo hagati, ngo bigakongeza ibyari biri

mu nzu ;

Abandi baturage bafite amashanyarazi baturiye hafi aho nta kibazo bagize kandi umuyoboro ubaha

amashanyarazi ari umwe.

47. Nyuma yo kugaragaza uko basanze ibintu, muri Raporo ya REG yatanze umwanzuro ugira uti :

« Dukurikije ibyo twabonye tumaze kuvuga haruguru, n’ibyo twabwiwe n’abaturage bari bahari,

bigaragara ko ikibazo cyaturutse mu nzu yabo imbere, bikaba bigaragara ko REG /EUCL ari nta ruhare

ibifitemo. »

48. Mu guhuza ubutumwa REG yagaragaje ko yari ifite na Raporo yatanze nk’uko igaragajwe haruguru,

Urukiko rurasanga iyi Raporo itagaragaje icyaba cyarateye inkongi y’umuriro nk’uko icyo cyari kimwe

(1) mu bintu bibiri (2) byari bibajyanye. Rusanga gusa REG ivuga ko nyine umuriro waturutse mu

muryango wo hagati wacururizwagamo na GASHAMURA Anicet. Kugera kuri icyo, nta gishya raporo

itangaje ku mvano y’inkongi y’umuriro watwitse amangazini ya GASHAMURA Anicet usibye kwerekana

ko atariyo nyirabayazana, kuko n’abandi barimo na GASHAMURA Anicet ubwe bemezaga ko inkongi

yatangiriye mu iduka rye hagakongeza indi miryango begeranye.

Page 16: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 16

49. Urukiko rusanga imvugo ya REG y’uko abandi baturage ari nta kibazo cy’umuriro bagize, iyo nayo ari

nta gishya itangaje kuko iyo habaye inkongi iba ishobora guterwa n’ibintu byinshyi, birimo na ciricuit mu

masinga, kandi ku bw’amahirwe make haba hari fusible itari yashoboraga kuba atari nzima maze ntibe

yakwikupa bityo umuriro ugasakara mu bindi bintu. Kugera aha nabwo ntacyo REG itangaje cyaba ari

imvano y’inkongi y’umuriro watwitse amangazini ya GASHAMURA Anicet. Kuba REG nk’abatechnicien

yo yihutira gutangaza ko ari nta ruhare ibifitemo itagaragaza isuzuma rya gihanga ikoresheje igera ku

mwanzuro, bituma uwo mwanzuro itanga utanyuze Urukiko.

50. Urukiko rurasanga kandi kuba REG yarihutiye gukura fusible na cash power ku nzu ari nta PV de

constat ikozwe nk’uko Me BIGIRIMANA Félicien abivuga, nabyo bitera kwibaza niba koko ibyo

bikoresho byari bizima nk’uko REG ibivuga, kuko yashoboraga no kwerekana indi fusible nzima ivuye

ahandi cyangwa bayikijije. Aha ntawakwirengagiza ko nk’uruhande rukwirakwiza amashanyarazi hari

igihe n’umuriro cyangwa installation byabo byanaba nyirabayazana igihe byaba bitameze neza,

gutanga umwanzuro rero udashyigikiwe n’isuzuma rya gihanga rero ntacyo bifasha Urukiko mu

kumenya imvano y’iriya nkongi y’umuriro. Aha kandi hanashingirwa ku kuba hari abatangabuhamya

NDUWIMANA J. Damascène na HAVUGIMANA Théoneste bavuga ko iyo nkongi yaba yaratewe

n’umuriro usanzwe uza nabi. Nubwo atariko wenda byagenze, ariko iyo umuriro uza nabi bishobora

nabyo kuba byaba nyirabayazana yo gutwika cyangwa kwandiza ibikoresho by’abantu bamwe.

51. Kuba REG ivuga ko abandi baturage ari nta kibazo cy’umuriro bagize, Urukiko rusanga harimo

ukwivuguruza kuko mu ntangiro za Raporo yabo bavuze ko bakimara kubwirwa ko amangazini

y’uburuzi ahiye bahise bavana umuriro mu mujyi wa RUSIZI wose. Nta kuntu rero bashobokaga ko

haba abantu benshi bagerwaho n’iki kibazo kandi REG yarahise ikumira ikazimya umuriro. Ikindi,

ahubwo ari uko abafite amaduka yegeranye na GASHAMURA Anicet bangirijwe nabo n’iriya nkongi

y’umuriro. Kubera ibyo byose bisobanuwe rero, Urukiko rusanga raporo ya REG atari ikimenyetso

Page 17: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 17

simusiga cyerekana nta gushidikanya ko GASHAMURA Anicet yitwikiye amangazini, dore ko igarukira

ku kuvuga ko ari nta ruhare ibifitemo gusa, ntigaragaze imvano y’indi y’uwo muriro. Ntabwo kandi iyi

raporo nayo yagaragaje ko ari GASHAMURA Anicet watwitse amangazini ye, kuko niyo umuriro wo

gutwika waba utaraturutse mu matsinga ya REG, bishobora no guturuka ku gikorwa cy’undi muntu utari

we. Guhuza GASHAMURA Anicet n’icyo gikorwa cyateye inkongi rero, nibyo bitagaragazwa

n’ibimenyetso byatanzwe usibye gukeka ko yaba ariwe wabikoze.

Ibijyanye no kumenya niba Raporo yakozwe n’abahanga ba KIGALI FORENSIC LABORATORY (KFL)

ndetse na Electricians yerekana ko GASHAMURA Anicet yitwikiye amangazini.

52. Ingingo ya 6 y’ikirego cy’Ubushinjacyaha, ngo ni uko hari Raporo yakozwe n’abahanga ba KIGALI

FORENSIC LABORATORY (KFL) ndetse na Electricians, ngo ikaba igaragaza ko GASHAMURA Anicet

yitwikiye amangazini kuko inkongi y’umuriro itaturutse mu masinga y’amashanyarazi. (cote ya 99-116).

53. Mu kwiregura kuri iki kimenyetso, GASHAMURA Anicet yabwiye Urukiko ko aba bapolisi ba KFL icyo

bakoze ari ugufotora gusa, kwerekana uko icyaha cyakozwe kandi ngo bisanzwe biri muri dosiye, ngo

umuntu yakwibaza niba ari constat bakoze, ngo kuba GASHAMURA Anicet yaraguze matelas ashaka

kwitwikira se ni scientifique ? ngo ntabwo bavuze ko hari impumuro y’ibintu runaka biri chimique

basanze byibuze mu ivu.

54. Mu mwanzuro wa Me BIGIRIMANA Félicien yavuze ko ngo iyo Raporo y’abapolisi ba KFL itagaragaza

icyatwitse inzu, ngo itandukanye niba ari Essence cyangwa se niba ari umuriro wa REG. Iyi raporo rero

ngo ikaba irimo gushidikanya gukomeye.

55. Mu gusuzuma iyo raporo ya KFL yavugwaga, bagaragaje ibikorwa byakozwe n’umupolisi wageze bwa

mbere aho inkongi yabereye bikiba (ubutabazi no kurinda aho hantu) (Reba cote ya 101); bagaragaje

imiterere y’ahabereye icyaha hagaragazwa n’abyahiye (Cote ya 102-103) ; gutanga ibisobanuro by’uko

bumva byagenze, cyane cyane bakavuga ko iyo umuriro uturuka muri fusible iba yarasimbutse bityo

Page 18: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 18

itara rikazima ; kuba cash power zarakoraga neza kugeza igihe REG izivaniyeho ngo zidashya ; kuba

ngo umuriro uvuye ku mashanyarazi udahita ugira ikibatsi ahubwo ubanza gutwika ibiwegereye. (Reba

cote ya 103).

56. Nubwo ari uko aba bakoze raporo babivuga ariko, Urukiko rusanga ari nta kimenyetso cyangwa

isuzuma rya gihanga rishyigikiye ibi bisobanuro, kuko n’undi muntu wese ashobora kubikeka ukwe. Ibi

bisobanuro nabyo ntabwo biri kwerekana mu buryo bufatika uruhare rwa GASHAMURA Anicet mu

gukwika amangazini ye.

57. Muri iyo raporo kandi, abakoze raporo basobanura ko kuba GASHAMURA Anicet yarashatse gukinga

iduka rye kandi ririmo gushya ; kuba mu cyumba cy’iryo duka rya GASHAMURA Anicet harabonetsemo

igice cy’ijerekani ya Essence itarabashije gushya kuko ngo umuceri wari wayipfundikiye ntihure

n’umwuka ; kuba ngo GASHAMURA Anicet yari yabanje gukusanya amafranga yose yari afite mu

iduka kandi atarigeze anatabaza ko iduka rye rihiye kugeza abantu bamwihoreye bakarizimya ; kuba

ngo GASHAMURA Anicet yari yaraguze matelas kandi yari asanzwe atazicuruza, ngo bigaragaza ko

yashakaga ibintu byahita byaka, ngo binerekana ko ariwe witwikiye amangazini (Reba cote 103-104).

58. Iyo usesenguye ibyo ahanga bavuga ku bigomba kugaragazwa n’abahanga, usanga hari inyandiko

yasesenguwe n’Urukiko, aho uwayanditse yagiraga ati : «Les experts judiciaires sont des

professionnels spécialement habilités chargés de donner aux juges un avis technique sur des faits afin

d’apporter des éclaircissements sur une affaire. Ce sont des spécialistes de disciplines très variées

(médecine, architecture, gemmologie, économie et finance, etc.). Leurs avis ne s'imposent pas aux

juges qui restent libres de leur appréciation.”1 Ibyo bishatse kuvuga ko abahanga bafasha Urukiko ari

abanyamwuga babishoboye bashyirwaho kugirango bafashe abacamanza kubona ibitekerezo bya

gihanga ku byabaye, kugirango ibintu bisobanuke kurushaho. Abo bahanga bari mu byiciro by’ingeri

1 Byakuwe ku rubuga http://www.justice.gouv.fr/_telechargement/doc/Presentation_de_lexpert_judiciaire.pdf rwasuwe tariki ya 04

Gicurasi 2016 saa kumi z’amanywa (16h00’’).

Page 19: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 19

zitandukanye. Ibitekerezo by’abahanga ntabwo ari kamara ku bacamanza, kuko bafite uburenganzira

bwo kubisesengura bakareba ishingiro ryabyo.

59. Nubwo aba bakozi ba KFL basobanuye ibi bintu uko babyumva, Urukiko rurasanga ari nta kintu cya

gihanga bashingiraho basobanura ibyo, kuko ari nta kizamini cyangwa isuzuma rya gihanga berekana

ko bakoze nk’uko Me BIGIRIMANA Félicien abivuga. Urukiko rurasanga mu guhamya umuntu icyaha

hatashingirwa kuri interpretation y’abantu, ahubwo hagomba gushingirwa ku kugaragaza ikimenyetso

gifatika cyerekana ko umuntu runaka yakoze igikorwa cyiswe icyaha. Ntabwo rero hashingirwa ku

gukeka kuko ntawe ureba icyari kigamijwe mu mutima w’undi. Ibi bisobanuro bya KFL bidashyigikiwe

n’ibimenyetso bya gihanga nta shingiro byahabwa mu guhamya umuntu icyaha. Ntabwo umuntu

yakwerekana ko ari umuhanga ubishoboye, mu gihe atagaragaza inzira ya gihanga akoresheje agera

ku mwanzuro atanze. Ibyo ni ngombwa ku girango hirindwe amarangamutima cyangwa kwibeshya.

60. Mu kugumya gusesengura imiterere ya Raporo ya KFL, kuri cote ya 105-106 baragaragaza

igishushanyo cy’amazu y’ubucuruzi yahiye. Kuva kuri cote ya 107-108 bagaragaza igishushanyo

cy’icyumba cy’aho umuriro watangiriye. Kuri cote ya 109 hagaragazwa ifoto y’ahabereye inkongi mu

mujyi wa KAMEMBE. Kuri cote ya 110-111 hagaragazwa ifoto y’inzu yafashwe n’inkongi y’umuriro. Kuri

cote ya 111 hagaragajwe amafoto ya cash power zavanywe ku nzu, hamwe n’ifoto y’umuryango

w’iduka rya GASHAMURA Anicet. Kuri cote ya 112 hagaragajwe ifoto y’igisenge cy’iduka rya

GASHAMURA Anicet hamaze gushya plafond, hamwe n’iyo mu cyumba cy’inyuma kwa GASHAMURA

Anicet. Kuri cote ya 113 hagaragajwe amafoto yo mu iduka rya GASHAMURA Anicet bamaze

kugabanya ibyahiye. Kuri cote ya 114 hagaragajwe amafoto y’iduka rya NZEYIMANA Emmanuel nayo

yafashwe n’inkongi y’umuriro. Kuri cote ya 115 hagaragajwe amafoto ya bureau d’échange « AVENIR »

nayo yafashwe n’inkongi. Kuri cote ya 116 hagaragajwe amafoto y’icyumba cy’inyuma

cyacururizwagamo inkweto, n’amafoto y’ijerekani bavuga ko yahabonetse.

Page 20: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 20

61. Nk’uko bimaze kugaragazwa mu gika kibanza rero, Urukiko rusanga nk’uko GASHAMURA Anicet

n’umwunganizi we babivuga, igice kinini cy’iyi raporo kigizwe n’amafoto y’imiterere y’ahahiye, kandi

nk’uko bigaragarira buri wese aya mafoto ntagaragaraho byibuze GASHAMURA Anicet atangiye

gukwika amagazini ye. Aya mafoto rero, nayo ntabwo arerekana uruhare rwa GASHAMURA Anicet mu

kwitwikira amangazini ye, bityo akaba atagize ibimenyetso bifatika byashingirwaho Urukiko rumuhamya

icyaha.

62. Ingingo ya 398 y’Itegeko Ngenga N001/2012 OL ryo kuwa 02/05/2012 rishyiraho igitabo cy’amategeko

ahana ibyaha mu Rwanda, iteganya ko Umuntu wese utwika abishaka amazu, amangazini, ahanwa

kuko aba akoze icyaha.

63. Ingingo ya 2, 3, 4, 119 z’itegeko N0 15/2004 ryo kuwa 12/06/2004 ryerekeye ibimenyetso mu manza

n’itangwa ryabyo, zigaragaza ko ibimenyetso mu rubanza ari ngombwa kandi ko bigomba kuba bihuje

na kamerere y’ikiburanwa. Muri uru rubanza rero, Urukiko rurasanga ari nta gihamya na ntoya

Ubushinjacyaha bwashyikirije Urukiko ngo bwemeze bitari ugukeka ko GASHAMURA Anicet yaba

yaritwikiye amangazini yacururizagamo, kuko mu guhamya umuntu icyaha hadashingirwa ku gukeka ko

runaka ashobora kuba ariwe wakoze icyaha, ahubwo hagomba kugaragazwa ibimenyetso byemeza nta

gushidikanya uruhare rwe mu gikorwa cyiswe icyaha. Ibyo rero nta byagaragajwe, ariyo mpamvu iki

kirego ari nta shingiro gifite, kandi GASHAMURA Anicete akaba akigizweho umwere.

Ibijyanye no kumenya niba igihano cy’igifungo cy’imyaka imakumyabiri n’itanu (25 ans

d’emprisonnement) Ubushinjacyaha busabira GASHAMURA Anicet akwiriye kugihabwa.

64. Mu miburanire y’Ubushinjacyaha busabira GASHAMURA Anicet guhanishwa igihano cy’igifungo

cy’imyaka makumyabiri n’itanu (25 ans d’emprisonnement) giteganywa n’ingingo ya 398 y’Itegeko

Ngenga N001/2012 OL ryo kuwa 02/05/2012 rishyiraho igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu

Rwanda, kubera icyaha icyaha aregwa agamije kuzishyuza amafaranga menshi.

Page 21: law_3c4dbca5fa732d03efb4b0a... - Judiciary of Rwanda

URUBANZA RP 0049/16/TGI/RSZ UPAPURO RWA 21

65. Mu gusubiza kuri iki gihano yasabirwaga, GASHAMURA Anicet yavuze ko ari umwere ko atahanwa.

66. Mu gusesengura ibyo rwabwirwaga, Urukiko rusanga koko GASHAMURA Anicet atagomba guhanwa

kuko ari nta cyaha cyamuhamye, ahubwo akaba yagizwe umwere ku cyaha cyo gutwika amangazini ye

yacururizagamo n’ay’abandi begeranye.

III. ICYEMEZO CY’URUKIKO:

67. Rwemeje ko ikirego cy’ubushinjacyaha burega GASHAMURA Anicet icyaha cyo gutwika amangazini ye

yacururizagamo n’ay’abandi begeranye ari nta shingiro gifite ;

68. Rwemeje ko mu bimenyetso byagaragajwe n’Ubushinjacyaha ari nta na kimwe cyerekana uruhare rwa

GASAMURA Anicet mu gukwika amangazini ye yacururizagamo hamwe n’abandi bantu baturanye,

kandi ko na raporo z’abahanga zagarukiye gusa ku gukeka, ntizigaragaze ku buryo bwa gihanga

imvano y’inkongi y’umuriro ;

69. Rwemeje ko GASHAMURA Anicet adahamwa n’icyaha cyo gutwika amangazini ye yacururizagamo

hamwe n’ay’abandi begeranye ;

70. Rwemeje ko GASHAMURA Anicet atagomba guhanwa kuko ari nta cyaha kimuhama, ko ahubwo

yagizwe umwere ku cyaha yari yararezwe n’Ubushinjacyaha ;

71. Rwemeje ko amagarama y’ibyakozwe kuri uru rubanza byose aherera ku isanduku ya Leta ;

Rwibukije ko uru rubanza rushobora kujuririrwa mu gihe kitarenze ukwezi rusomwe.

NI UKO RUKIJIJWE KANDI RUSOMEWE MU RUHAME NONE KUWA 05/05/2016;

INTEKO Y’URUKIKO:

UMUCAMANZA UMWANDITSI

HAKIZIMANA Jean Claude MUKARUGWIZA Judith

/SE/ /SE/